Uyu muryango uvuga ko abantu 12 bishwe, abandi barenga 100 barakomereka mu bikorwa byo guhosha imvururu z’abigaragambyaga bamagana ibyavuye mu matora.
Iyo raporo ivuga ko mu bikorwa byo guhosha imvururu, hagaragaye guhohotera uburenganzira bwa muntu, birimo gukubita, kwica no guhiga abantu mu ngo kandi bikorwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Umushakashatsi wa HRW muri Afurika, Otsieno Namwaya, yabwiye BBC ko ibikorwa byo gukubita no kwica abatavuga rumwe n’ubutegetsi byakozwe na Polisi byangije isura y’amatora muri iki gihugu.
Arongera ati “Abantu bafite uburenganzira bwo gukora imyigaragambyo mu mutuzo. Abayobozi ba Kenya bakwiriye kubuza byihuse Polisi gukomeza kubabangamira.”
Uretse bariya bantu bavugwa biciwe mu Burengerazuba bwa Kenya, hanavugwa ko hari n’abandi 24 bishwe kuwa 12 Kanama, barimo umwe wiciwe i Kisumu, 17 biciwe mu murwa mukuru i Nairobi, n’abandi biciwe mu duce dutandukanye mu gihe Polisi yageragezaga guhosha imvururu zakurikiye itangazwa ry’amajwi.
Komisiyo y’amatora yatangaje ko Uhuru Kenyatta ari we wongeye gutsinda amatora yo kuyobora Kenya, Raila Odinga bari bahanganye aregera Urukiko rw’ikirenga asaba uburenganzira bwo gusuzuma ibyavuye mu matora, akaba yamaze kubuhabwa.



















TANGA IGITEKEREZO