00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Urukiko rwatangaje ko amatora ya Perezida yo mu 2027 anyuranye n’Itegeko Nshinga

Yanditswe na IGIHE
Kuya 7 August 2026 saa 11:38
Yasuwe :

Urukiko Rukuru rwa Malindi muri Kenya rwatangaje ko amatora ya Perezida ateganyijwe muri Kanama 2027 atubahirije Itegeko Nshinga ry’igihugu, ruvuga ko azaba nta gaciro afite mu gihe yakomeza gutegurwa kuri mu gihe nk’icyo mu myaka iri imbere.

Kuri uyu wa Gatanu, Umucamanza Mugure Thande yavuze ko Komisiyo y’Amatora muri Kenya (IEBC) yaba inyuranyije n’Itegeko Nshinga iramutse iteganyije amatora ya Perezida ku wa 10 Kanama 2027.

Urukiko rwanzuye ko amatora ya Perezida agomba kuba mu mwaka wa gatanu wa manda, aho kuba nyuma y’uko uwo mwaka urangiye. Ibi bivuze ko amatora yakagombye kuba muri Kanama 2026 aho kuba mu 2027.

Mu mwanzuro we, Umucamanza Thande yavuze ko Itegeko Nshinga rya Kenya ridateganya ko Perezida agomba kumara imyaka itanu yuzuye ku butegetsi, ashimangira ko itariki y’amatora igenwa n’Itegeko Nshinga ari yo igomba kubahirizwa, kandi iri mbere y’igihe manda imara.

Urukiko rwavuze ko amatora ya Perezida akwiye kuba ku wa 11 Kanama 2026, aho kuba mu 2027. Icyakora, rwahise ruhagarika ishyirwa mu bikorwa ry’uyu mwanzuro by’agateganyo.

Iki kibazo cyagejejwe mu rukiko n’abavugaga ko kubera ko amatora aheruka yabaye ku wa 9 Kanama 2022, andi matora akwiye kuba ku wa Kabiri wa kabiri wa Kanama 2026, hashingiwe ku ngingo z’Itegeko Nshinga.

Nyuma yo gusuzuma ingingo za 136, 142 na 259 z’Itegeko Nshinga rya Kenya, Urukiko Rukuru rwemeye ibisobanuro by’abari bajyanye iki kibazo mu nkiko ku bijyanye n’igihe amatora ya Perezida akwiye kubera.

Nubwo urukiko rwemeje ko guteganya amatora ya Perezida muri Kanama 2027 binyuranyije n’Itegeko Nshinga, rwahagaritse ishyirwa mu bikorwa ry’uwo mwanzuro kugeza nyuma y’amatora rusange ateganyijwe.

Ibi bivuze ko Komisiyo y’Amatora izakomeza ibikorwa byo gutegura amatora yo mu 2027, nubwo urukiko rwagaragaje ko akwiye kuba ari Kanama 2026.

Umucamanza Thande yavuze ko guhagarika amatora ya 2027 muri iki gihe byateza igihugu ibibazo bikomeye, bityo urukiko rukaba rwarahisemo kuringaniza kubahiriza amategeko no kwirinda guteza umutekano muke mu gihugu.

Yongeyeho ko icyemezo cy’urukiko kigamije gusobanura neza itegeko no gukuraho urujijo ku matariki y’amatora ya Perezida azakurikiraho muri Kenya.

Urukiko rwo muri Kenya rwatangaje ko amatora ya Perezida yo mu 2027 anyuranye n’Itegeko Nshinga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages