BBC yanditse iyi nkuru ivuga ko Komisiyo ishinzwe uburenganzira bw’abaryamana bahuje ibitsina muri Kenya (NGLHRC) iri inyuma y’ubwo busabe, igasaba ko amategeko abiri yo mu gihe cy’ubukoloni abangamiye ingingo yo mu Itegeko Nshinga ivuga ko umuntu adakwiye kuvangurwa cyangwa ngo ahohoterwe.
Mu itegeko ririho ubu, abaryamana bahuje ibitsina bahabwa igihano cy’igifungo cy’imyaka 14 muri gereza. Imwe mu miryango itegamiye kuri leta y’abakirisitu n’Abayisilamu iri gusaba ko iryo tegeko ryagumaho.
Mu gihe byaba byemejwe, yaba ibaye intambwe idasanzwe mu bihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba aho ubutinganyi bufatwa nk’umuziro.



















TANGA IGITEKEREZO