00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Umuryango w’umusirikare washimuswe na Al-Shabaab watakambiye Perezida Ruto

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 22 January 2025 saa 08:11
Yasuwe :

Umuryango w’umusirikare wa Kenya witwa Abdullahi Issa Ibrahim, wafashwe bugwate n’umutwe w’iterabwoba wa Al-Shabaab muri Somalia, wasabye Perezida William Ruto kumutabara kuko ubuzima bwe buri mu kaga.

Issa Ibrahim w’imyaka 90, se w’uwo musirikare, ni umwe mu baturage bagiye mu mujyi wa Wajir mu gisa n’imyigaragambyo basaba Leta ko yagira icyo ikora ngo uwo musirikare avanwe mu maboko y’abarwanyi ba Al-Shabab.

Uyu musaza yavuze ko umuhungu we yaburiye mu gitero El Adde, kandi ari we wari utunze umuryango. Byabasigiye igikomere ndetse we ubwe bimuviramo ubuhumyi.

Yagize ati “Abandi babyeyi n’imiryango bakiriye imirambo y’ababo nyuma y’igitero, ariko twebwe si ko byagenze. Umwana wanjye byatekerezwaga ko yapfuye, byari ibihe bigoranye cyane, kubera guhangayikishwa n’icyo kibazo, nahise mpuma.”

Akomeza avuga ko amashusho aherutse gusohoka, agaragaza umwana we ashinja Leta kumutererana, yamutonetse.

Ibrahim yasabye Perezida Ruto gushyira imbaraga mu gukurikirana no kugarura umwana we ndetse n’abandi basirikare bafashwe na Al-Shabaab.

Raha Abdullahi, umukobwa w’uwo musirikare wafashwe na Al-Shabaab, na we yasabye Perezida Ruto kugira icyo akora ngo yongere guhura n’umubyeyi we.

Yavuze ko igihe byavugwaga ko se yapfuye byamushenguye umutima, arwara umuvuduko w’amaraso, bihumira ku mirari bazanye icyemezo cy’uko se yapfuye nta murambo we bazanye ngo bajye kumushyingura.

Imiryango y'abasirikare bafashwe na Al-Shabab ikomeje gusaba leta kugira icyo ikora ku bana babo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .