00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya ntiyemera ibirego bya Loni ko abapolisi bayo basambanyije abagore muri Haïti

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 April 2026 saa 04:25
Yasuwe :

Leta ya Kenya yandikiye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, ihakana ibirego biherutse gushinjwa abapolisi bayo ko basambanyije abagore mu butumwa barimo muri Haïti.

Amakuru dukesha Reuters avuga ko iyi baruwa yanditswe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Kenya, Musalia Mudavadi, yohererejwe Guterres muri iki cyumweru.

Iyi baruwa ivuga ko “byagaragaye ko ibi birego nta shingiro bifite. Twakoze iperereza ritabogamye ndetse dusangiza ibyarivuyemo abafatanyabikorwa bose barimo n’Ishami rya Loni rishinzwe uburenganzira bwa muntu.”

Musalia Mudavadi yavuze ko iri perereza ryakozwe n’urwego rwa Kenya rubifitiye ububasha.

Mu ntangiriro za Mata 2026, Raporo yakozwe na Loni ku ngamba zihariye zo kurinda abantu ihoreterwa rishingiye ku gitsina, yerekanye ko bamwe mu bapolisi ba Kenya bari mu butumwa bwo kugarura umutekano muri Haïti bafashe abakobwa bane ku ngufu biganjemo abatagira imyaka y’ubukure.

Iyi raporo iherutse gukorwa n’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu yerekanye ko abakobwa bane bakoreshejwe imibonano mpuzabitsina ku ngufu bikozwe n’abo bapolisi barimo uwari ufite imyaka 12, 16, 16 na 18.

Abapolisi ba Kenya bageze mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Haïti mu 2024 ndetse igihugu cyabo ni cyo cyari kiyoboye ibindi birindwi bitandukanye byohereje abasirikare n’abapolisi bo guhangana n’imitwe yitwaje intwaro.

Kenya ntiyemera ibirego bya Loni ko abapolisi bayo basambanyije abagore muri Haïti

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages