00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya iteganya gukwirakwiza imibu irwanya Malariya

Yanditswe na Rachel Muramira
Kuya 14 July 2024 saa 11:17
Yasuwe :

Ikigo cy’ubushakashatsi mu by’ubuvuzi cya Kenya (Kemri) ku bufatanye na Imperial College London, vuba aha kizakwirakwiza hirya no hino mu gihugu imibu yakorewe muri laboratwari kugira ngo igifashe guhangana n’itera Malariya.

Abashakashatsi ba Kemri bavuga ko bashaka gukoresha uburyo bushoboka mu guhagarika Malariya ikomeje gutwara ubuzima bwa benshi.

Prof Christophides George na Prof Windbichler Nikolai bakorera muri Imperial College, na bo bagaragaje ko Malariya ari indwara yibasira benshi muri Kenya, bahamya ko uburyo nk’ubu bushobora gufasha Abanya-Kenya kuyihasha.

Iyi mibu y’ingabo yakorewe muri laboratwari ifite utunyangingo dufite ubushobozi bwo kwica cyangwa kwangiza imbuto y’umubu w’ingore (Anophele) utera Malariya.

Abashakashatsi bateganyije ko umubu w’ingabo nujya ubangurira uw’ingore, imbuto y’uw’ingore itera Malariya izajya icika intege cyangwa se uwo ibyaye ube wapfa utarageza igihe cyo kuruma abantu.

Dr Martin Bundi, umuyobozi wungirije w’agateganyo w’ubushakashatsi n’iterambere muri Kemri, yashimangiye ko ari ngombwa gukoresha ikoranabuhanga rigezweho mu kurwanya iyi ndwara.

Ati “Ni ngombwa rero gukoresha ikoranabuhanga rishya rishobora guhangana n’iyi ndwara."

Mu 2021, Leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na yo yakwirakwije imibu miliyoni 750 zakorewe muri laboratwari.

Imibu yakorewe muri laboratwari yitezweho kugabanya Malariya muri Kenya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .