00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Abaturage basabwe kutavogera ubusugire bw’ibindi bihugu

Yanditswe na IGIHE
Kuya 1 November 2025 saa 06:25
Yasuwe :

Minisitiri ushinzwe Ububanyi n’Amahanga n’Abaturage baba hanze y’igihugu muri Kenya, Musalia Mudavadi yamaganye ibikorwa by’abaturage bashatse kujya muri Tanzania kwigaragambya, basabwa kubaha ubusugire bw’ibindi bihugu.

Imyigaragambyo yabaye muri Tanzania kuva ku wa 29 Ukwakira 2025 mu matora y’umukuru w’igihugu, abiganjemo urubyiruko ntibishimira imigendekere yayo.

Ku wa 30 Ukwakira ibikorwa by’urugomo byageze hafi y’umupaka wa Kenya bamwe mu rubyiruko bashaka kwambuka ngo bajye muri Tanzania kwifatanya na bagenzi babo kwigaragambya.

Mudavadi yavuze ko hari uburenganzira Abanyakenya bafite ariko kujya kubukoreshereza mu bindi bihugu bishobora kubyara ibibazo bikomeye.

Ati “Mwubahe amategeko y’ibindi bihugu. Mushobora kuba mutayishimiye ariko muyubahe. Kenya yateye intambwe ikomeye muri demokarasi no mu itegeko nshinga, ishyira imbere uburenganzira n’ubwisanzure. Itegeko riteganya uburenganzira rirakomeye ariko ntimutekereze ko n’abandi bari kuri urwo rwego. Ibindi bihugu biri ku nzego zitandukanye muri uru rugendo.”

Mudavadi yasabye urubyiruko rwa Kenya kwitwararika bakareka kujyana imyigaragambyo mu bindi bihugu.

Mu gihe imyigaragambyo yari ikaze hafi y’umupaka wa Namanga na Sirare, polisi ya Kenya yagaragaye ikumira abaturage ibabuza kwambuka ngo bajye kwigaragambya muri Tanzania ariko bo bagasaba nibura iminota itanu yo kujya kwifatanya n’abanya-Tanzania.

Yabasabye kwitondera uburyo bakoresha imbuga nkoranyambaga zabo kuko ibihugu bimwe bibanza kureba ibyo usaba visa azishyiraho bikayimuha cyangwa bikayimwima.

Minisitiri Mudavadi yasabye Abanya-Kenya kubaha ubusugire bw'ibindi bihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages