Umukozi ushinzwe imikorere no guhanga ibishya, Helen Mwariri, yavuze ko aba bantu bacyuwe hagati ya Gashyantare na Mata 2025.
Yavuze ko muri uyu mwaka bazakomeza kubarura abantu bagirwaho ingaruka n’ibikorwa by’icuruzwa ry’abantu.
Yavuze ko abagiye gucuruzwa bisanga mu byago mu gihe bashakisha akazi, abandi bikarangira bagiye gukoreshwa imirimo y’ubucakara.
Ati “Ntabwo tujya dutangaza amakuru yerekeye abacyuwe, gusa dufite abantu babaga barasezeranyijwe akazi muri Myanmar bikarangira bagiye kucuruzwa, bagakoreshwa imibonano mpuzabitsina, imirimo y’agahato n’ibindi.”
Ubu bushukanyi bukorwa ahanini binyuze mu nshuti za hafi cyangwa abavandimwe b’aba bantu bahuye n’ibyago byo kugurishwa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!