00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Abagore biraye mu mihanda bamagana ubwicanyi bubakorerwa

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 28 January 2024 saa 08:30
Yasuwe :

Imbaga y’abantu muri Kenya biganjemo abagore ku itariki ya 27 Mutarama 2024 bigabije imihanda mu turere twinshi, bamagana ubwicanyi ndetse n’irindi hohoterwa bakorerwa.

Iyi myigaragambyo yabereye mu mijyi ya Nairobi, Nakuru, Mombasa, Nyeri na Lodwar, aho bamwe mu bari bayirimo bitwaje ibyapa byanditseho amazina y’abagore bishwe.Yabaye nyuma y’urupfu rw’umugore witwa Rita Waeni wasanzwe yishwe atemaguwe bajugunya ibice by’umubiri we babishyize mu ishashi.

Ibi binashimangirwa n’ubushakashatsi bwakozwe mu 2022 bwerekana ko umugore umwe muri batatu muri Kenya ahohoterwa ku mubiri mu buzima bwe.
Umuryango uharanira uburenganzira bwa Muntu (Amnesty International) uvuga ko abagore n’abakobwa barenga 500 bishwe muri Kenya hagati ya 2016 na 2023. Abenshi muri abo bagiye bicwa n’abakunzi babo cyangwa abantu baziranye nabo.

Amashyirahamwe y’abagore muri Kenya asaba Leta kwita kuri iri hohoterwa rikorerwa abagore kandi ikarigira icyaha gikomeye gihanwa n’mategeko.

BBC ivuga ko abigaragambije i Nairobi bari bafite agahinda kenshi bagaragaza ko na bo bakwiye gufatwa nk’abandi bantu, aho gufatwa nk’inyamaswa ndetse bavuga ko abagabo babica na bo ari abanyantege nke.

Nubwo Kenya ifite amategeko guhana ihohotera rishingiye ku gitsina, abenshi mu barikora ntibahanwa ndetse nugerageje kurega urubanza rumara igihe kinini mu rukiko rutaburanishwa.

Iyi myigaragambyo yitabiriwe n'abiganjemo abagore
Aba bagore barasaba ko ubwicanyi bubakorerwa bwahagarara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages