00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya:Abaganga bahawe iminsi itanu yo gusubira mu kazi bitaba ibyo bagafungwa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 26 January 2017 saa 12:35
Yasuwe :

Urukiko rw’Umurimo muri Kenya rwasabye abaganga kuba abasubiye mu kazi bitarenze iminsi itanu, babyanga bagatangira gucumbikirwa mu bihome.

Abakozi bo mu nzego z’ubuvuzi batangiye imyigaragambyo basaba leta kubongeza imishahara nk’uko byari mu masezerano bagiranye mu 2013.

Ikinyamakuru The Star cyanditse ko leta yabongereye imishahara ho 40% ariko ntibanyurwa kuko ibyakozwe bidahuye n’ibiteganywa n’ayo masezerano.

Abaganga bagera ku 5000 bo mu bitaro bya leta bahagaritse akazi mu cyumweru cya mbere cya Ukuboza 2016, igikorwa cyatumye abarwayi benshi Babura ubuvuzi bw’ibanze.

Hellen Wasilwa, umucamanza mu rukiko rw’umurimo muri Kenya yatangaje ko iminsi itanu abaganga bahawe atari iy’ibiganiro ahubwo ari iyo kuba abahagaritse imyigaragambyo.

Usibye kutumvikana ku bijyanye n’imishahara, aba baganga n’abaforomo basaba leta kuzaba yahaye akazi abaganga bashya bagera ku 1200 buri mwaka mu myaka ine iri imbere hagamijwe kuziba icyuho gihari ubu, aho umuganga umwe avura abarwayi 1600.

Imyigaragambyo yabo yatumye abarwayi bo mu mutwe bagera ku 100 batoroka ibitaro ndetse hakaba ahari n’abandi bapfuye kubera kubura ubutabazi.

Abaganga bamaze igihe kitari gito mu myigaragambyo basaba kongeza imishahara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages