Abakozi bo mu nzego z’ubuvuzi batangiye imyigaragambyo basaba leta kubongeza imishahara nk’uko byari mu masezerano bagiranye mu 2013.
Ikinyamakuru The Star cyanditse ko leta yabongereye imishahara ho 40% ariko ntibanyurwa kuko ibyakozwe bidahuye n’ibiteganywa n’ayo masezerano.
Abaganga bagera ku 5000 bo mu bitaro bya leta bahagaritse akazi mu cyumweru cya mbere cya Ukuboza 2016, igikorwa cyatumye abarwayi benshi Babura ubuvuzi bw’ibanze.
Hellen Wasilwa, umucamanza mu rukiko rw’umurimo muri Kenya yatangaje ko iminsi itanu abaganga bahawe atari iy’ibiganiro ahubwo ari iyo kuba abahagaritse imyigaragambyo.
Usibye kutumvikana ku bijyanye n’imishahara, aba baganga n’abaforomo basaba leta kuzaba yahaye akazi abaganga bashya bagera ku 1200 buri mwaka mu myaka ine iri imbere hagamijwe kuziba icyuho gihari ubu, aho umuganga umwe avura abarwayi 1600.
Imyigaragambyo yabo yatumye abarwayi bo mu mutwe bagera ku 100 batoroka ibitaro ndetse hakaba ahari n’abandi bapfuye kubera kubura ubutabazi.



















TANGA IGITEKEREZO