Malema ni umwe mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu bakomeye, bakunzwe cyane n’abiganjemo urubyiruko. Ayobora ishyaka EFF (Economic Freedom Fighters) yashinze ubwo yavaga muri ANC iri ku butegetsi.
Mu 2018, yafashwe amashusho arasa mu kirere ubwo EFF yizihizaga isabukuru y’imyaka itanu yari imaze ishinzwe. Ibi birori byabereye mu ntara ya Eastern Cape.
Ubwo yajyanwaga mu rukiko, yavuze ko imbunda yakoresheje itari ye, kandi ko nta kindi yari agamije ubwo yarasaga mu kirere, keretse gukangura abari mu birori byasaga n’aho bari bakonje.
Mu Ukwakira 2025 ni bwo Malema yahamijwe ibi byaha, urukiko rwanzura ko igihano kizamenyekana nyuma. Icyo gihe yabwiye abanyamakuru ko gufungwa cyangwa urupfu ari ishema kuri we kuko ngo azira guharanira impinduka.
Malema yagize ati “Ntitwatinya gufungwa cyangwa gupfa duharanira impinduramatwara. Ibyo bashaka gukora byose, bagomba kumenya ni uko tutazigera dusubira inyuma.”
Nyuma yo gukatirwa kwa Malema, umunyamategeko we yatangaje ko ateganya kujurira, kugira ngo umukiliya we ahabwe igihano kitari ugufungwa.
Iki gifungo gishobora gutuma Malema w’imyaka 45 y’amavuko yeguzwa ku mwanya w’umudepite amazemo imyaka 12.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!