00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ituri: Imitwe yitwaje intwaro yasinye amasezerano yo guhagarika imirwano

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 28 June 2025 saa 12:19
Yasuwe :

CODECO n’indi mitwe yitwaje intwaro myinshi ikorera mu Ntara ya Ituri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa 27 Kamena 2025 yagiranye amasezerano yo guhagarika imirwano n’ubugizi bwa nabi.

Aya masezerano yasinywe nyuma y’ibiganiro bimaze iminsi itanu bihuza abahagarariye iyi mitwe muri teritwari ya Aru. Byanitabiriwe kandi n’abashinzwe umutekano, abahagarariye sosiyete sivile, abayobozi b’amoko ndetse n’aba gakondo.

FRPI, FPIC, Tchini ya Tuna na CODECO ni byo byagiranye aya masezerano. MAPI na Auto-défense Zaïre byitabiriye ibi biganiro ariko byanze gusinya nyuma y’aho CODECO yishe abaturage 11 muri teritwari ya Djugu mu gitondo cyo ku wa 27 Kamena.

Iyi mitwe yemeranyije ko mu rwego rwo kugaragaza ubushake bwo kubahiriza aya masezerano, abana bari barinjijwemo bahita barekurwa kandi ko abarwanyi bayo batazongera kugendana intwaro.

Yaciye amarenga ariko ko mu gihe bizaba ngombwa, abarwanyi bayo bazongera bagafata intwaro kugira ngo barwanire igihugu, kuko ngo bazahora biteguye kwitaba mu gihe bahamagarwa.

Ibi biganiro byabereye muri teritwari ya Aru kuva tariki ya 23 kugeza ku ya 27 Kamena 2025

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages