00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Internet yasubiyeho nyuma y’intsinzi ya Museveni

Yanditswe na IGIHE
Kuya 18 January 2026 saa 09:31
Yasuwe :

Nyuma y’iminsi ine, Komisiyo Ishinzwe itumanaho muri Uganda (UCC) ifashe icyemezo cyo gukuraho internet ku bw’imigendekere myiza y’amatora, kuri ubu yasubiyeho.

Icyemezo cyo gukuraho internet muri Uganda cyatangiye gushyirwa mu bikorwa ku wa 13 Mutarama 2026, ibigo by’utumanaho byose bisabwa guhagarika internet, kutagurisha simcard nshya n’ibindi bikorwa byose by’itumanaho.

UCC yavuze ko ibi bikorwa ari ibyo kugira ngo hirindwe abantu bashaka kwica amatora muri iki gihugu.

Amakuru dukesha itangazamakuru ryo muri Uganda avuga ko ku wa 17 Mutarama, nyuma yo gutangaza intsinzi ya Yoweri Kaguta Museveni wegukanye manda ya karindwi nka Perezida wa Uganda, internet yasubiyeho.

Ubu Abanya-Uganda bose bashobora kubona serivisi zose zitangwa hisunzwe internet, nk’uko byari bimeze mbere y’amatora.

Perezida Museveni yongeye gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu ku majwi 71,6%, ahigitse abandi bakandida barindwi bari bahatanye barimo Robert Kyagulanyi wabonye amajwi 24,72%.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages