00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ingabo za Uganda zatangiye kuva muri Sudani y’Epfo

Yanditswe na

Mukaneza M.Ange

Kuya 13 October 2015 saa 08:25
Yasuwe :

Leta ya Uganda yatangaje ko abasirikare bayo bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo batangiye gutahuka guhera ku itariki 12 Ukwakira 2015.

Gutahuka kw’ingabo mpuzamahanga ni kimwe mu byasabwe n’umutwe urwanya leta mu biganiro byo kugarura amahoro byabaye muri kanama 2015,icyemezo cyagombaga gushyirwa mu bikorwa bitarenze tariki ya 10 Ukwakira.

New Vision dukesha iy nkuru ivuga ko amakuru y’itahuka ry’aba basirikari yatangajwe n’Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga James Mugume.

Mugume kandi yavuze ko kuba ingabo za Uganda zaragiye muri Sudani y’Epfo, byakijije ubuzima bw’abanyasudani benshi ndetse n’abagande.

Gen. Katumba Wamala, Umuyobozi w’igisirikari cya Uganda yavuze ko mu minsi 45 abasirikari bose ba Uganda bazaba bamaze gutahuka.

Ati” Nibyo koko abahungu bagiye gutaha... aho mvugira aha Umuyobozi w’ingabo zirwanira ku butaka ari muri Sudani y’Epfo.UPDF ifite iminsi 45 yo kuba yashyize mu bikorwa icyemezo cyo gutaha, abayobozi babo bakuru barimo Lt.Gen. Ivan Koreta bagiye kubafasha gutaha.”

Ingabo za Uganda zagiye muri Sudani y’Epfo mu mpera za 2013 bisabwe na Perezida Salva Kiir nyuma y’uko hatangiye imvururu kuri ubu zimaze gutwara ubuzima bw’abantu benshi.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages