00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ingabo za Sudani zatangaje ko zambuye inyeshyamba umujyi wa Wad Madani

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 12 January 2025 saa 05:13
Yasuwe :

Ingabo za Leta ya Sudani ziyobowe na Gen Abdel Fattah al-Burhan zatangaje ko zafashe umujyi munini wa Wad Madani uherereye mu Burasirazuba bw’iki gihugu wari warigaruriwe n’inyeshyamba za ‘Rapid Support Forces (RSF)’ zitavuga rumwe na Leta.

Ingabo za leta zikinjira muri uyu mujyi, abaturage bigabye mu mihanda bishimira iyi ntsinzi yabaye imwe mu ntambwe ikomeye cyane yatewe n’ingabo ziri ku butegetsi muri iki gihugu nyuma y’igihe kitari gito bawuhanganiyemo n’izi nyeshyamba.

Umuyobozi w’itsinda ry’inyeshyamba zitavuga rumwe na leta iyoboye kuri ubu, Gen Mohamed Hamdan Dagalo (Hemedti), yemeye ko batsinzwe ariko atanga ubutumwa bw’amajwi avuga ko ibyabaye ari nk’impanuka kuko batunguwe n’ibitero by’indege z’intambara zitagira abapilote (drones) zakorewe muri Iran.

Gen Mohamed Hamdan Dagalo, uzwi ku izina rya Hamelti yavuze ko bazakomeza kurwana kugeza bageze ku ntsinzi nubwo byafata imyaka 20 cyangwa irenga.

Wad Madani ni umujyi mukuru w’intara ya Al Jazira, uherereye mu bilometero 140 uturuka mu majyepfo y’umurwa mukuru wa Sudani, Khartoum.

Intambara ihuza Ingabo za Leta ya Sudani ziyobowe na Gen Abdel Fattah al-Burhan, n’Umutwe wa ‘Rapid Support Forces (RSF)’ urwanya ubutegetsi buriho yatangiye mu kwezi Mata 2023, ikomeje gutera imfu nyinshi ku batuye iki gihugu aho habarwa abaturage bagera ku bihumbi 150 bamaze kuburira ubuzima muri iyo ntambara.

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko iyi ntambara ari kimwe mu bibazo bikomeye bihangayikishije Isi aho usanga abaturage benshi bamaze kuhaburira ubuzima abandi bagatana n’imiryango berekeza imihanda yose, aho abagera kuri miliyoni 24.6 benda kungana na kimwe cya kabiri cy’abatuye Sudani bugarijwe n’inzara kandi bakaba bakenye ibyo kurya mu buryo bwihutirwa.

Mu minsi ishize nibwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziheruka guha ibihano Hemedti, nyuma yo kumushinja kugira uruhare mu bikorwa biri gutikiriramo abantu benshi bikaba bitangiye gutekerezwa ko byaba ari na Genocide.

Abaturage ba Sudan bigabije imihanda bishimira ko umujyi wa Wad Madani wagiye mu maboko y'ubuyobozi bw'iki gihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .