00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ingabo za Senegal zageze muri Gambia mu mugambi wo kwirukana Yahya Jammeh

Yanditswe na IGIHE
Kuya 20 January 2017 saa 06:54
Yasuwe :

Abasirikare bo muri Senegal bamaze kwinjira ku butaka bwa Gambia mu mugambi wo gushyigikira Adama Barrow watsinze amatora ya Perezida mu kwezi gushize, akaba yaraye anarahiriye kuyobora iki gihugu, mu muhango wabereye muri Senegal.

Barrow yarahiriye muri Amabsade ya Gambia muri Snegal ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Mutarama 2017, igihugu arimo kuva mu byumweru hafi bibiri.

Ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika bigize umuryango w’ubukungu wa Ecowas byategetse Yahya Jammeh ko bitarenze saa sita z’amanywa zo kuri uyu wa 20 Mutarama agomba kuba yarekuye ubutegetsi.

Ecowas yatangaje ko Jammeh aramutse atavuye ku butegetsi ku neza hari bukoreshwe imbaraga.

Inkuru ya BBC ivuga ko ibihugu bigize akanama k’umutekano ka Loni byiyemeje gutera ingabo mu bitugu uyu muryango kugira ngo ibibazo bya politiki muri Gambia bikemurwe mu maguru mashya.

Yahya Jammeh utegetse imyaka 22 yanze kurekura ubutegetsi mu gihe manda ye yarangiye ku wa 19 Mutarama, umugambi asa n’ushyigikiwemo n’Iteko Ishinga Amategeko yamwongereye amezi atatu.

Kugeza ubu Gambia ifite abaperezida babiri ku buryo bamwe bibaza ikiri bukurikireho.

Biteganyijwe ko ibiganiro kuri uyu wa Gatanu biza kuyoborwa na Perezida wa Guinea, Alpha Conde nyuma y’ibyo Jammeh yagiranye na Perezida wa Mauritanian Mohamed Ould Abdel Aziz, ku wa Kane ariko ntibigire umusaruro bitanga.

Barrow,ukiri muri Senegal kugeza ubu yavuze ko atazasubira muri Gambia ibitero bya gisirikare bitarangiye.

Nigeria yamaze kohereza indege igenzura ikirere cya Gambia kuri uyu wa Kane nka kimwe mu bibanziriza ibikorwa byo kugaba ibitero.

Kugeza ubu ubwoba ni bwose ku baturage ba Gambia, aho abenshi bari gushaka ubuhungiro muri Senegal mu gihe ba mukerarugendo bari muri iki gihugu bamaze gutaha.

Ingabo za Senegal/Foto Internet

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages