Byamenyekanye ko kuva ku wa 14 Nzeri 2025, indege ya Boeing 737 na Il-76 za SANDF zakoreshejwe mu gutwara ibikoresho ndetse n’ingabo kuva i Lubumbashi n’i Kinshasa bajya i Pretoria muri Afurika y’Epfo.
Uku gucyura aba basirikare bandi bije mu gihe hari ukutumvikana hagati ya SANDF n’ishyirahamwe ry’Ingabo za Afurika y’Epfo bapfa uduhimbazamusyi tutishyuwe ku basirikare boherejwe mu butumwa muri RDC.
Umwanzuro wo gukura ingabo za Afurika y’Epfo muri RDC, wafashwe muri Werurwe uyu mwaka, mu gihe ibikorwa byo kuzicyura byatangiye nyir’izina muri Gicurasi, aho umubare munini wazo ndetse n’ibikoresho zakoreshaga, zanyuze mu Rwanda zisubira muri Afurika y’Epfo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!