Izi ngendo zatangiye mu 1975, zagize uruhare mu gushimangira umubano wa dipolomasi n’ubukungu hagati ya Ethiopia n’u Rwanda
Umuyobozi Mukuru wa Ethiopian Airlines, Mesfin Tasew, yavuze ko bishimira kuba baratangije izi ngendo ndetse ko ari igikorwa gikomeye.
Yagize ati “Mu myaka 50 tumaze dukorera ingendo i Kigali, twaguye ibikorwa byacu by’ubwikorezi bw’ibicuruzwa ndetse no gutwara abagenzi. Ibi bigaragaza umuhate wa Ethiopian Airlines mu gukorera Abanyafurika.”
Kugeza ubu, Ethiopian Airlines ikora ingendo 21 z’abagenzi n’ingendo eshatu zihariye zitwara imizigo i Kigali buri cyumweru, ikanafasha abagenzi bavuye i Kigali, kubona uko bagera mu byerekezo bitandukanye ku isi banyuze ku cyicaro cyayo i Addis Ababa.
Iyi sosiyete ikorera ingendo mu byerekezo birenga 145 mu bice bitandukaye by’Isi birimo umugabane wa Amerika, u Burayi, Asia, ndetse n’u Burengerazuba bwo hagati.
Ingendo zayo zigabanya intera hagati y’ibihugu bya Afurika n’imijyi ikomeye y’ubukungu ku isi, bigafasha guteza imbere ubucuruzi hagati y’Abanyafurika, ubukerarugendo, ndetse n’ubufatanye mu bya dipolomasi n’umuco. Kugeza ubu ni yo ifite umuyoboro mugari kurusha izindi muri Afurika.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!