00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imirambo y’abasirikare ba Afurika y’Epfo bapfiriye muri Congo yakiriwe mu cyubahiro

Yanditswe na IGIHE
Kuya 14 February 2025 saa 09:55
Yasuwe :

Imirambo y’abasirikare 14 ba Afurika y’Epfo bapfiriye ku rugamba n’Umutwe wa M23 mu Burasirazuba bwa Congo, yakiriwe mu cyubahiro ishyikirizwa imiryango yabo.

Ni umuhango wabereye ku birindiro by’Ingabo za Gisirikare zirwanira mu Kirere, Swartkops Air Force Base mu Mujyi wa Pretoria. Perezida Cyril Ramaphosa, ni umwe mu bari bitabiriye uyu muhango.

Ramaphosa yavuze ko aba basikare babaye intwari, bagwa ku rugamba barwanira “abavandimwe bacu bo mu Burasirazuba bwa Congo”.

Yavuze ko bari bagiye kuri uru rugamba mu mugambi mugari wo “gucecekesha imbunda ku mugabane wacu dukunda wa Afurika”.

Iyi mirambo yageze muri Afurika y’Epfo nyuma y’ibyumweru birenga bibiri by’urugendo rugoranye.

Kuva aba basirikare bapfa, umwuka wabaye mubi hagati y’u Rwanda na Afurika y’Epfo, iki gihugu gishinja u Rwanda ko arirwo rwabigizemo uruhare, gusa nyuma y’ibiganiro byabaye no gushyira umucyo ku buryo urupfu rwabo rwagenze, Afurika y’Epfo yacishije make.

Hakurikiyeho uburyo bwo gushaka inzira yakwifashishwa mu gucyura iyi mirambo, biza kugorana cyane ko inzira y’amazi yari yarafunzwe na M23 hamwe n’iyo mu kirere. Uburyo bumwe bwari busigaye, bwari ukunyuza iyi mirambo mu Rwanda kuko umupaka wa RDC n’u Rwanda wo wari ufunguye.

Ku wa 7 Gashyantare nibwo iyi mirambo yanyujijwe mu Rwanda ijyanwa muri Uganda inyujijwe ku mupaka wa Cyanika. Yahavuye ijya muri Afurika y’Epfo ariko inyuze muri Tanzania na Malawi kuhasiga abasirikare babiri ba buri gihugu baguye muri iyi ntambara.

Perezida Ramaphosa yavuze ko igihugu cye gikomje gukora ibishoboka byose kugira ngo intambara iri mu Burasirazuba bwa Congo ihagarare, avuga ko inama iherutse guhuza SADC na EAC yatanze umurongo muzima, ushingiye ku biganiro.

Iyi mirambo yakiriwe mu cyubahiro nyuma y'ibyumweru birenga bibiri itegerejwe
Aba basirikare bapfuye mu rugamba rwahanganishije umutwe wa M23 na Leta ya Congo
Ababuze ababo bari mu gahinda gakomeye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .