00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ihuriro AFC/M23 ryashyizeho abayobozi bashya b’Intara ya Kivu y’Amajyepfo

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 28 February 2025 saa 07:37
Yasuwe :

Ubuyobozi bwa bw’Ihuriro rya AFC/M23 bwashyizeho abayobozi bashya b’Intara ya Kivu y’Amajyepfo nyuma y’uko butangiye kuyigenzura.

Nyuma yo kwigarurira ibice bitandukanye by’Intara ya Kivu y’Amajyepfo kuri uyu wa 28 Gashyantare 2025, Ihuriro rya AFC/M23 ryashyizeho abayobozi bashya muri iyo ntara.

Ku mwanya wa Guverineri w’Intara hashyizweho Birato Rwihimba Emmanuel, mu gihe yungirijwe na Dunia Masumbuko Bwenge wagizwe Guverineri wungirije ushinzwe Politiki, Ubuyobozi n’Amategeko ndetse na Bushinge Gasinzira Juvénal wagizwe Guverineri wungirije ushinzwe Ubukungu, Imari n’Iterambere.

Abasirikare b’Umutwe wa M23 bakomeje imirwano hagati y’Ingabo za Leta ya RDC n’imitwe zifatanyije irimo FDLR, Ingabo z’Abarundi na Wazalendo n’abandi.

Uyu mutwe ukomeje kwigarurira ibice bitandukanye mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo birimo n’Umujyi wa Bukavu, ndetse yanigaruriye ibice bitandukanye by’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru aho yanashyizeho abayobozi bawo mu minsi ishize.

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bumaze igihe butangaza ko buzakomeza kurwana kugeza bugeze i Kinshasa bugakuraho ubutegetsi bwa Felix Antoine Tshisekedi budafata kimwe Abanye-Congo bose.

Corneille Nanga uyoboye Ihuriro rya AFC/M23

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .