Ni icyemezo cyafatiwe mu nama yabaye ku wa 30 Ugushyingo 2024 ku cyicaro gikuru cy’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Arusha muri Tanzania. Zije zisanga Icyongereza cyari gisanzwe gikoreshwa.
Iyi nama yashyizeho izi mpinduka bigendeye ku ngingo ya 137 y’Amasezerano ya EAC. Izi mpinduka zemerera Igifaransa n’Igiswahili kwinjira mu ndimi zikoreshwa mu bikorwa bya buri munsi by’uyu muryango, hagamijwe guteza imbere ubufatanye n’ubwiyunge mu karere.
Iki cyemezo cyaje mu rwego rwo guha agaciro ururimi rw’Igiswahili rukunda gukoreshwa nk’ururimi ruhuwireho n’ibihugu byinshi byo muri aka karere, ndetse n’Igifaransa gikoreshwa cyane mu bihugu nk’u Rwanda, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Izi mpinduka ni intambwe ikomeye mu kuzamura uburyo bw’itumanaho ryorohereza ibihugu binyamuryango bya EAC, hanashyirwa imbere umuco n’ubwiyunge bishingiye ku ndimi za buri gihugu.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!