00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

ICC yashyize mu biganza bya Loni dosiye yo gufata Perezida Omar al-Bashir

Yanditswe na

Mathias Hitimana

Kuya 10 March 2015 saa 10:43
Yasuwe :

Sudani yananiwe guta muri yombi Umuyobozi wayo Omar al-Bashir uhigwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) ku byaha bya Jenoside n’Ibyisbasiye inyoko muntu, none uru Rukiko rwasubije iyi dosiye Akanama ka Loni Gashinzwe Umutekano ku Isi ku wa Mbere tariki 09 Werurwe.

Bashir w’imyaka 71, ashinjwa kugira uruhare mu bwicanyi bwabereyemu Burengerazuba bw’Umujyi wa Darfur bwahitanye abarenga ibihumbi 300.

Ashinjwa ibyaha bitanu birimo bibiri byo kwibasira inyoko muntu by’ ubwicanyi n’iyicarubuzo, bitatu bya Jenoside na bibiri by’intambara no kugaba ibitero ku basivili.

Mu mwaka wa 2009 na 2010, ICC yasohoye impapuro zisaba guta muri yombi Perezida Bashir, ariko ntibyabuza ko akomeza gukora ingendo zitandukanye ku mugabane wa Afurika nubwo ibihugu byasinye amasezerano ashyiraho uru rukiko byagombaga kumufata.

Sudani ariko yo ntiyasinye ayo amasezerano y’i Roma, ariko ni igihugu kiri muri Loni kuva muri 1956.

Umucamanza yavuze ko Akanama ka Loni gashinzwe umutekano ku Isi kari karasabye ICC mu 2005 gukora iperereza ku bwicanyi bwakorewe muri Sudani, iki gihugu kigasabwa kubigiramo uruhare nk’ikinyamuryango cya Loni.

Urukiko rwavuze ko Sudani itashyize mu bikorwa guta muri yombi Perezida Bachir, ntiyanaha ICC impamvu itamufata.

Ku bw’ibyo, ICC yasabye Akanama ka Loni gashinzwe Umutekano gukora ibishoboka mu kumuta muri yombi, kaba kananiwe kugera ku ntego yo guca umuco wo kudahana.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages