00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hemingways Travel igiye kwagurira ibikorwa byayo mu Rwanda

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 29 September 2025 saa 06:48
Yasuwe :

Ikigo cyo muri Kenya, Hemingways Hospitality Group gisanzwe gikora iby’ishoramari mu bukerarugendo, kigiye kwagurira ibikorwa by’ishami ryacyo ritanga serivisi zijyanye n’ingendo mu Rwanda.

Iki kigo ni cyo giheruka kugura ibikorwa bya Heaven Holdings Ltd mu Rwanda birimo The Retreat, hoteli yamenyekanye cyane ubwo yakiraga Umwami Charles III mu ruzinduko aherukamo mu Rwanda mu 2022.

Hemingways Travel ni ikigo cy’ubukerarugendo n’ubucuruzi bw’ingendo cyashinzwe mu 1955 muri Kenya.

Kimaze imyaka 70 gitanga serivisi z’ubukerarugendo bwihariye, harimo gutegura ingendo z’abakozi (corporate travel), ibiruhuko byihariye, ndetse n’ubukerarugendo busanzwe mu bihugu bitandukanye bya Afurika y’Iburasirazuba by’umwihariko muri Kenya.

Mu kwezi kwa Kamena 2025, ni bwo Hemingways Hospitality, Sosiyete ikuriye Hemingways Travel, yaguze Heaven Holdings, ikigo cy’ubukerarugendo kizwiho ibikorwa nka The Retreat Hotel, Heaven Restaurant, Heaven Boutique Hotel.

Hemingways Travel kandi yashyizeho Hemingways Expeditions, ishami rishinzwe gutegura ingendo z’ubukerarugendo bwihariye (luxury destination management), rikaba rikorera mu bihugu bitandukanye bya Afurika y’Iburasirazuba.

Iri shami rishobora kuzajya rifasha muri serivisi zo gutegura ingendo z’abakerarugendo, harimo gusura ingagi mu Birunga, gutembera mu ishyamba rya Nyungwe, gusura umujyi wa Kigali, ndetse no gutembera ku kiyaga cya Kivu, Pariki y’Akagera n’ahandi

Ubwo yizihizaga Isabukuru y’Imyaka 70, Umuyobozi Mukuru wa Hemingways Travel, Dr. Joseph Kithitu, yavuze ko hari kwimakazwa uburyo bwo gukoresha ikoranabuhanga rya AI mu gucunga no gutegura ingendo, ariko ikomeza guha agaciro itangwa rya serivisi.

Yashimangiye ko urugendo rw’imyaka 70 rwari rugamije kubaka icyizere no guhaza ibyifuzo by’abakiliya babo kandi ko ikomeje kwagura ibikorwa byayo.

Ati “Mu gihe turi kureba imbere, tubona amahirwe menshi muri Afurika y’Iburasirazuba no mu Afurika muri rusange, turi gushora imari mu Karere no mu ikoranabuhanga mu kunoza ibijyanye no gutegura ingendo.”

Mu myaka 70 ishize, Hemingways Travel yamenyekanye ku gutanga serivisi nziza.

Hemingways Travel igiye kwagurira ibikorwa byayo mu Rwanda
Hemingways Group iheruka kugura The Retreat Hotel

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages