Ubu bwoko bwa Ebola bumaze guhitana abantu hafi 250 ndetse hamaze kugaragara abarenga 1.000 bakekwaho kwandura iki cyorezo.
Bwatangiye kugaragara muri RDC muri Mata 2026 ariko itariki ya 15 Gicurasi 2026 ni bwo RDC yemeje ko Ebola ya Bundibugyo yagaragaye muri Ituri.
Impuguke mu buzima zivuga ko iki cyorezo gishobora kuba kimwe mu bikomeye kubera ko cyatangiye gukwirakwira mu bice birimo umutekano muke bituma ubuvuzi bwacyo no kukigikumira birushaho kugorana.
BBC yanditse ko izo nkingo ziri gukorwa n’ikigo cyitwa International AIDS Vaccine Initiative (IAVI), Kaminuza ya Oxford ndetse n’Uruganda rwa Moderna rusanzwe rukora imiti n’inkingo bifatanyije n’umuryango mpuzamahanga witwa CEPI wita ku kwitegura guhangana n’indwara z’ibyorezo.
Uwo muryango kuri uyu mushinga wo gukorwa inkingo watanzemo inkunga ya miliyoni zisaga 60$ zo kwihutisha ubushakashatsi ngo zitangire no kugeragerezwa ku bantu.
Abashakashatsi bavuga ko hari urukingo rusanzwe rukoreshwa ku bwoko bwa Ebola buzwi nka Zaire, ariko ko nta rukingo rwari rwakorwa ku bwoko bwa Bundibugyo kandi ari bwo buri gukwirakwira muri RDC na Uganda ari yo mpamvu hari gushyirwa imbaraga nyinshi mu gukora inkingo nshya.
IAVI iri gukora urukingo rushingiye ku ikoranabuhanga ryakoreshejwe ku rundi rukingo rwa Ebola bari baratangiye mbere ariko rukiri mu ntambwe z’ibanze. Ni mu gihe urwo bari gukoraho ruzafata amezi hagati y’arinwi n’icyenda mbere y’uko rutangira kugeragerezwa ku bantu.
Ni mu gihe Moderna iri gukoresha ikoranabuhanga rya mRNA ryamenyekanye cyane mu gihe cyo gukora urukingo rwa Covid-19 ariko ntiharamenyekana igihe urwo rukingo rwayo rushobora gufata ngo rube rwabonetse.
Ni mu gihe Kaminuza ya Oxford yo iri gukora urukingo rwayo rwitezwe gutangira kugeragerezwa ku bantu mu mezi abiri cyangwa atatu ari imbere.
Umuyobozi Mukuru wa CEPI, Dr. Richard Hatchett yavuze ko ikorwa ry’uru rukingo rwa Ebola Bundibugyo rigomba kwihutishwa kuko gukomeza gukwirakwira kwayo nta cyiyitangira ari ikibazo gikomeye.
Ati “Uko virusi ya Bundibugyo ikomeza gukwirakwira vuba kandi nta nkingo zemewe ziraboneka, buri munsi uba ufite kinini uvuze mu rugamba rwo kurwanya iki cyorezo.”
Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO), Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus yavuze ko izo nkingo zibonetse zagira uruhare rukomeye mu guhagarika iki cyorezo no kwitegura ibindi nka cyo bishobora kuzaza mu gihe kiri imbere.
Uwo muryango ariko ugaragaza ko mu gihe inkingo zigitegerejwe bitazabuza ko hafatwa izindi ngamba zo kwirinda kugira ngo icyo cyorezo kitarushaho gukwirakwira no kwibasira abantu benshi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!