00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Guverinoma ya Tanzania yajyanywe mu rukiko rwa EAC ishinjwa gukandamiza itangazamakuru

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 17 November 2018 saa 03:16
Yasuwe :

Inama Nkuru y’Itangazamakuru n’imiryango ibiri ya sosiyete sivile, yareze guverinoma ya Tanzania mu rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bayishinja kubangamira ubwisanzure bw’itangazamakuru.

Iyi miryango yavuze ko ‘Itegeko rigenga imikorere y’itangazamakuru ryo mu 2016 ritubahiriza amasezerano ya EAC, binyuze mu gukumira amakuru amwe bityo ko ribangamiye uburenganzira bwo kuvuga ibyo ushaka.’

Iryo tegeko ryatowe n’inteko ishinga amategeko mu Ugushyingo 2016 na Perezida John Magufuli ahita aryemeza.

The East African yatangaje ko ‘Abarega bavuze ko mu itegeko harimo ingingo zimwe zibangamira imikorere y’itangazamakuru muri Tanzania.’

Harimo ‘Ingingo ya 7 yaryo itegeka ibitangazamakuru byigenga gutangaza amakuru afitiye igihugu akamaro mu gihe Leta yabitangiye uburenganzira, yabanje kugenzura niba nta ngaruka byagira ku mutekano w’igihugu.’

Hari kandi ‘Ingingo ya 13, iha uburenganzira urwego rwemerera ibitangazamakuru gukora, kwirukana cyangwa guhagarika umunyamakuru uri rutonde rw’abanyamwuga bemewe.’

Donald Deya, Fulgence Masawe, Jenerali Ulimwengu na Jebra Kambore, batanze ikirego, basaba urukiko gutegeka guverinoma gukuraho cyangwa kuvugurura iryo tegeko kugira ngo bijyanye n’ibikubiye mu masezerano ya EAC.

Ingingo ya 6 y’ayo masezerano ivuga ko igihugu kinyamuryango kigomba kubahiriza ihame ry’imiyoborere myiza harimo amahame ya Demokarasi, uburyo amategeko akurikizwa, kubahiriza inshingano, gukorera mu mucyo, ubutabera, gutanga amahirwe angana, kubahiriza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye.

Inateganya ko ‘Kigomba guteza imbere ubumwe n’ubwiyunge, guteza imbere no kurinda uburenganzira bw’abaturage babyo bijyanye n’uko byemejwe n’ibihugu bya Afurika, ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu.’

Umurongo wa mbere w’ingingo ya 8 kandi usaba ibihugu bigize EAC kureka ingamba zishobora kubangamira ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yawo.

Abacamanza b’urukiko barimo Faustin Ntezilyayo, Monica Mugenyi, Fakihi Jundu, Audace Ngiye na Charles Nyachae batangiye kumva iki kirego ku wa 14 Ugushyingo.

Abunganira Guverinoma ya Tanzania Mark Mulwambo na Sylvia Matiku, babwiye urukiko ko rudafite ububasha bwo kuburanisha icyo kirego, basaba ko giteshwa agaciro.

Bavuze ko uburenganzira bwo kuvuga icyo ushaka bugira aho bugarukira nk’uko biteganywa n’itegeko rigena imikorere y’itanganzamakuru. Abarega binubira kandi ko rihuza n’Itegeko Nshinga rireberera inyungu z’igihugu.

Bashimangiye ko ‘Itegeko ritabangamira uburenganzira bw’itangazamakuru ahubwo ko riteganya ibisabwa ibitangazamakuru n’uko byakwitwara.’

Guverinoma ya Tanzaniza irashinjwa gukandamiza itangazamakuru

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages