Radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) yatangaje ko iki kibazo kimaze amezi menshi ariko ko cyafashe indi ntera mu byumweru bishize, kuko kugira ngo ubikuze amafaranga make na byo bisaba gutonda imirongo miremire kuri banki cyangwa kwitabaza abatanga serivisi za ‘Mobile Money’.
Umuturage witwa Yao yagize ati “Rimwe na rimwe, iyo ugiye kubikuza amafaranga kuri Orange Money, umucuruzi akubwira byeruye ko nta mafaranga ahari. Iyo ushaka kubitsa, bakira amafaranga yawe. Twumva ari bo kibazo kandi batuma twumva ko no kuri banki badashobora kuguha amafaranga.”
Umucuruzi witwa Alpha Oumar Diallo yatangaje ko akora uko ashoboye kugira ngo afashe abakiliya be kubona amafaranga kuko yatangiye gutanga serivisi za ‘Orange Money’, ariko ko bigoye cyane muri iki gihe.
Alpha yagize ati “Amafaranga make mpabwa n’abakiliya ni yo nifashisha mu kubabikurira kugira ngo banyurwe. Kubera ko bigoye. Abantu baza bahangayitse, bashaka amafaranga, bakayabura, biba bigoye.”
Impamvu y’ibura ry’amafaranga muri iki gihugu ntiramenyekana. Leta ya Guinée yijeje abaturage ko izakemura iki kibazo ariko baracyategereje.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!