Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ku mupaka w’u Rwanda na RDC i Goma habereye imyigaragambyo ikomeye y’Abanye-Congo bamaganaga u Rwanda barushinja gufasha umutwe wa M23 uhanganye n’igisirikare cy’igihugu cyabo, FARDC.
Uretse amashusho yagaragaye abigaragambya bari ku mupaka, hari andi yasohotse barimo kumanura ibyapa biri ku maduka y’abanyarwanda ndetse n’ibyamamaza sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bw’indege, RwandAir.
Hari kandi n’ayandi yerekana insoresore zigaragambya ziruka zitanguranwa ku maduka y’abanyarwanda i Goma ngo zisahure ibicuruzwa.
Ububiko bw’ibicuruzwa bya Sandro Shyaka, umucuruzi ukomeye mu Karere ka Rubavu ariko ufite ibikorwa mu Mujyi wa Goma byasahuwe n’abigaragambya.
Uyu mucuruzi kandi tariki ya 12 Gicurasi 2021 yashimuswe n’abantu batazwi ahitwa Kimoka mu bilometero 30 uvuye i Goma ubwo yari mu muhanda uva i Sake ugana Kitshanga muri Masisi bamurekura umuryango utanze akayabo.
Umunyamakuru uri i Goma yabwiye IGIHE ko izo nsoresore ziganjemo ibirara byishyuwe ngo byigaragambye ari byo byasahuye amaduka y’abanyarwanda nubwo hari ibyateshejwe.
Ati "Abigagambyaga harimo n’ibirara bagerageje kwica ingufuri ku maduka y’abanyarwanda, amangazini, ahacururizwa amatelefone ariko Polisi yabatesheje batarabigeraho, icyo bashoboye ni uguca ibyapa byari ku maduka byamamaza’’.
Akomeza avuga ko aba bashatse gusahura abanyarwanda hari abafatwa bakicazwa ahantu bakaganirizwa ubundi bakabarekura. Kuri uyu wa Kabiri hari abanye-Congo bashatse guhohotera abanyeshuri b’abanyarwanda ariko polisi irabafata irabajyana barekuwe nimugoroba.
Kwibasira no guhohotera abanyarwanda babwirwa amagambo y’urwango bikomeje kwiyongera cyane muri RDC. Ibi bikorwa ahanini n’insoresore z’ibirara ziba zishaka kubanyaga ibyabo.
Ku mbuga nkoranyambaga hari bamwe mu banyapolitiki n’abandi bavuga rikijyana bakomeje kwenyegeza urwango ku Banyarwanda no gushyigikira izo nsoresore ziri gusahura.
Imyigaragambyo kandi yatumye urujya n’uruza rw’abantu bajya i Goma bavuye mu Rwanda ruhagarara kuko benshi batinye kuba bagirirwa nabi mu gihe baba bambutse umupaka.
Abigaragambya bageze n’aho bashaka kwinjira ku butaka bw’u Rwanda ariko Polisi y’u Rwanda ibabuza kwinjira, gusa irabareka bakomeza kwigaragambiriza hakurya muri Congo.
Happening now in Goma! A group of Extremist from Veranda Muntsaga mouvement looting the shop store of Sadro, just becaus he is a Tutsi@mkainerugaba @SuluhuSamia @PaulKagame @AUC_MoussaFaki @afrikarabia @albcontact @bbisimwa @MONUSCO @RailaOdinga @fatshi13 @Macky_Sall @cibalanky pic.twitter.com/G4a7gS85WO
— Goma24 (@goma24news) June 15, 2022
What leadership vaccums do. Shops belonging to kinyarwanda-speaking Congolese now being looted in Goma. pic.twitter.com/allzihNJoh
— F. Golooba-Mutebi (@FGoloobaMutebi) June 15, 2022
Opération Zéro rwandais à GOMA. Vive mon peuple. pic.twitter.com/LRpFudCHiT
— #RwandaIsKilling🗨 (@Bibishe6) June 15, 2022
À Goma, au Nord-Kivu, les manifestants sont arrivés devant la barrière frontalière entre la #RDC et le Rwanda pour dénoncer l'agression rwandaise. Certains tentent d'entrer au Rwanda (vidéo) 👇👇👇 pic.twitter.com/NRrgXV30Of
— PRINCE MAYIRO NDONGO (@MayiroNdongo) June 15, 2022
Felix Tshisekedi, Open doors So that Banyarwanda People leaves (For them Rwandophones are Not Congoleses)
Felix, Ouvre les Portes Pourque les Banyarwanda rentre chez eux👇🏾@SuluhuSamia, @cibalanky@RailaOdinga, @mkainerugaba @PaulKagame @MONUSCO @KagutaMuseveni @AUC_MoussaFaki pic.twitter.com/4FOHr1bcSp
— Goma24 (@goma24news) June 15, 2022
In this video, this man on a motorbike says he knows where Tutsi families live in Goma, he is going to their homes to look for them right now.
There is a serious risk of Tutsi massacres in Eastern DRC. The world must act now to prevent this madness! pic.twitter.com/hnaLSrDkYD
— Gatete Nyiringabo Ruhumuliza (@gateteviews) June 15, 2022
— Blaise Karege (@BKarege) June 15, 2022
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!