00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ghana yakuyeho Visa ku Banyafurika bose

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 2 January 2025 saa 08:26
Yasuwe :

Leta ya Ghana yatangaje ko guhera muri uku kwezi kwa Mutarama 2025, Abanyafurika bose bazajya binjira muri iki gihugu nta Visa basabwa, nyuma y’uko Perezida Nana Akufo-Addo yemeje uyu mwanzuro mu Ukuboza umwaka ushize.

Iki cyemezo gikurikira isezerano Perezida Akufo-Addo yari yaratanze mu nama y’ibiganiro ku iterambere rya Afurika (Africa Prosperity Dialogues) yabereye muri Ghana muri Mutarama 2024. Yavuze ko intego y’iyi politiki ari ugukomeza kubaka umubano ukomeye mu bihugu bya Afurika.

Bitegerejwe ko uyu mwanzuro uzazamura urwego rw’ubukerarugendo, ubucuruzi n’ingendo zijya muri Ghana, kuko byari bisanzwe bizitiwe n’uko kujyayo bisaba Visa, nk’uko abasesenguzi babigaragaje.

Mbere y’uyu mwanzuro, Ghana yari isanzwe yemerera abaturage b’ibihugu 26 byo muri Afurika kwinjira nta Visa, ikemerera abaturuka mu bihugu 25 gusaba Visa bageze ku mupaka. Abaturage b’ibihugu bibiri gusa byo kuri uyu mugabane ni bo basabwaga Visa mbere yo kugera muri Ghana.

Ghana yiyongeye ku bindi bihugu byemerera abaturage bo muri Afurika kwinjira mu gihugu nta Visa harimo u Rwanda, Seychelles, Gambia na Bénin.

Ghana yakuyeho Visa ku Banyafurika bose bayinjiramo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages