00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ghana: Perezida Mahama yemeye ko yatsinzwe amatora, ashimira Nana Akufo-Addo watowe

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 10 December 2016 saa 11:54
Yasuwe :

Perezida wa Ghana, John Mahama, yemeye ko yatsinzwe amatora y’Umukuru w’Igihugu, ahamagara kuri telefoni Nana Akufo-Addo bari bahanganye, amushimira ndetse anamumenyesha ko yemeye ibyayavuyemo.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Ghana yarangiye Nana Akufo-Addo ayatsinze ku bwiganze bw’amajwi 53.85% mu gihe uwari Perezida John Mahama yagize 44.40% muri 68.62%. Ni amatora yabaye kuri uyu wa Gatatu.

BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko Perezida Mahama yari yasabye abaturage gutegereza ibizava mu matora kandi ko azabyemera.

Mu Murwa Mukuru Accra, abantu bari uruvunganzoka bishimira intsinzi ya Nana Akufo-Addo wasezeranyije abaturage ko natsinda, abanyeshuri bo mu mashuri makuru bazigira ubuntu, ndetse akubaka inganda zigera kuri 200, mu turere twose tw’igihugu.

Akufo-Addo w’imyaka 72 uturuka mu ishyaka New Patriotic yatsinze amatora nyuma y’inshuro ebyiri ashaka kwicara ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ariko agatsindwa.

Nyuma yo gutangazwa ko yatsindiye kuyobora Ghana yagize ati “ Ndashaka kubaha isezerano ntakuka kuri uyu mugoroba. Mbijeje ko ntazabasubiza inyuma. Nzakora byose ku buyobozi bwanjye kugira ngo mpaze ibyifuzo byanyu ndetse n’ibyo munyitezeho byose.”

Akufo-Addo yabaye Umunyamategeko mu bijyanye no kurengera uburenganzira bwa muntu, yanabaye Minisitiri w’Ubutabera ndetse n’uw’Ububanyi n’Amahanga kuva muri 2001 kugeza 2007.

Mu matora aheruka kuba mu 2012, Mahama, uturuka mu ishyaka rya National Democratic Congress, yari yatsinze Akufo-Addo, amurushije amajwi 300,000.

Perezida wa Ghana, John Mahama yemeye ibyavuye mu matora anashimira Nana Akufo-Addo bari bahanganye
Nana Akufo-Addo niwe watsindiye kuyobora Ghana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages