Biteganyijwe ko azahatana na John Dramani Mahama w’imyaka 61 wabaye umukuru w’igihugu kuva mu 2012, ubwo nawe yari amaze gutsinda Addo.
Addo w’imyaka 76 yagiye kuri uyu mwanya amaze gutsinda Mahama ku majwi 53.8% mu 2016.
Mu 2012 nabwo aba bagabo bombi bahuriye mu matora y’umukuru w’igihugu, John Mahama atsinda ku majwi 50,7 % mu gihe Nana yagize 47,7%.
Mahama yafashe ubutegetsi mu mwaka wa 2012 nyuma y’urupfu rw’uwari uriho, John Atta Mills wazize uburwayi, gusa hari abavuze ko yarozwe.
Ku butegetsi bwe, hari abavuga ko igihugu cye cyarushijeho gusubira inyuma mu iterambere ndetse yagiye ahura n’ibirego byinshi bya ruswa.
Akufo-Addo we ni umunyamategeko akaba n’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu. Yakoze mu butabera anaba Minisitri w’Ububanyi n’Amahanga.
Kugeza ubu Ghana ifatwa nk’igihugu gituje, aho amahame ya Demokarasi yubahirizwa mu nzego zose.



















TANGA IGITEKEREZO