Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, Gen. Muhoozi yavuze ko nta kindi kintu yigeze atinya uretse intambara yashyamiranisha u Rwanda na Uganda
Ati “Nta kintu na kimwe nigeze ntinya mu buzima bwanjye. Ikintu kimwe gusa nahoze ntinya ni intambara hagati ya Uganda n’u Rwanda. Nari nzi ko intambara nk’iyo yaba ari mbi cyane! Uko byagenda kose, Uganda yamira bunguri u Rwanda cyangwa u Rwanda rukamira bunguri Uganda.”
Aya magambo aje mu gihe u Rwanda na Uganda zimaze igihe zongera kubaka umubano nyuma y’imyaka y’ubwumvikane buke bwagize ingaruka ku mubano w’ibihugu byombi.
Ibi bihugu byombi bifitanye amateka bihuriraho, birimo imibanire y’abaturage ndetse n’ubucuruzi bumaze imyaka myinshi. Gusa, umubano wabyo wigeze guhungabana, cyane cyane mu 2019 ubwo umupaka wa Gatuna wari wafunzwe kubera amakimbirane hagati y’impande zombi.
Gen. Muhoozi, umuhungu wa Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, ni umwe mu bagize uruhare mu biganiro bigamije gusubizaho umubano mwiza hagati y’ibihugu byombi.
U Rwanda na Uganda kuri ubu bikomeje kongera ubufatanye mu nzego zirimo ubucuruzi, umutekano n’imiyoborere y’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba binyuze mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!