00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gambia : Yahya Jammeh yaregeye Urukiko rw’Ikirenga ngo ruteshe agaciro amatora

Yanditswe na Rabbi Malo Umucunguzi
Kuya 11 December 2016 saa 08:06
Yasuwe :

Yahya Jammeh wari umaze imyaka 22 ku butegetsi yiyemeje kuregera Urukiko rw’Ikirenga muri Gambia ngo ruteshe agaciro ibyavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika, yegukanywe na Adama Barrow wo ku ruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Nyuma y’amatora yabaye kuwa 01 Ukuboza 2016, Yahya Jammeh yari yemeye ko yatsinzwe, ariko nyuma aza kwisubiraho, asaba ko hategurwa amatora “mashya kandi anyuze mu mucyo akayoborwa na komisiyo y’amatora itinya Imana kandi yigenga.’’

Nk’uko RFI yabitangaje, Ishyaka Alliance Patriotique Pour La Réorientation Et La Construction, APRC rya Jammeh, mu ijoro rishyira kuri iki cyumweru nibwo ryatangaje ko rigiye kuregera Urukiko rw’Ikirenga.

Adama Barrow wamaze kwemezwa ko yatsinze amatora, aheruka kuvuga ko Jammeh nta burenganzira afite bwatuma amatora aseswa ngo asubirwemo bundi bushya.

Abakandida bari bahanganye mu matora uko ari batatu, itegeko ribagenera iminsi 10 y’akazi nyuma y’amatora ngo babe bamaze gutanga ibirego byabo niba bataranyuzwe n’amatora, ni ukuvuga bitarenze kuri uyu wa Mbere tariki 12 Ukuboza 2016, gusa hari ikibazo cy’ingengabihe kuko kuri uyu wa Mbere bizaba ari ikiruhuko muri Gambia.

APRC yatangaje ko ikirego bazagitanga kuwa Kabiri, cyaramuka cyakiriwe kikazasuzumwa n’abacamanza b’Urukiko rw’Ikirenga byavuzwe kenshi ko bagendera ku itegeko rya Yahya Jammeh.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages