Mu itangazo ryashyizwe hanze n’umuvugizi wa AFC-M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko ibyo bitero byatangiye ahagana saa Kumi n’Ebyiri na 45 za mu gitondo, bikibasira imidugudu ituwe cyane ya Rugezi, Nyaruhinga na Mukoko.
AFC-M23 yavuze ko ibi bitero byagabwe ku bice bituwe n’abasivili, byakozwe ku bufatanye bw’Ingabo za RDC, FARDC, umutwe w’iterabwaoba wa FDLR, imitwe ya Wazalendo, abacanshuro b’abanyamahanga ndetse n’Ingabo z’u Burundi, FDNB.
Kanyuka yavuze ko muri ibyo bitero hakoreshejwe ibisasu bya mortier bya milimetero 82, drones za kamikaze [ziturikana n’icyo zirashe] ndetse n’intwaro za KT-6.
AFC-M23 yavuze ko ibi bitero byibasira abaturage b’abasivili biterwa inkunga mu buryo bwa gisirikare, ubwa politiki, dipolomasi n’ibikoresho n’ibihugu bimwe ndetse n’ibigo byigenga bya gisirikare.
Kanyuka ati “Ibi bikorwa bihoraho bigamije kurimbura abaturage b’abasivili [...] ntibikwiye gufatwa nk’ibyoroheje cyangwa ngo byihanganirwe.”
AFC-M23 yongeye gushimangira ko izakomeza kurinda abaturage b’abasivili bo mu duce twibasiwe n’imirwano, ivuga ko izafata ingamba ku ngabo cyangwa imitwe ibona ko ibangamiye umutekano wabo.


















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!