00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

EU na Zimbabwe mu biganiro bigamije kuzahura umubano

Yanditswe na Ndayikunda Josué
Kuya 23 November 2019 saa 10:48
Yasuwe :

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi uri mu biganiro n’abayobozi ba Zimbabwe bigamije kuzahura umubano hagati y’impande zombi umaze imyaka igera kuri 20 usa n’uwazimye.

Ibi biganiro bihuje abaminisitiri baturuka ku mpande zombi, byitezweho kuzanira inyungu Zimbabwe izafasha iki gihugu mu bijyanye no kongera gufashwa na EU mu by’ubukungu bwari bugeze aharindimuka.

Mu 2002 nibwo EU yafatiye Zimbabwe ibihano Guverinoma, abayobozi ku giti cyabo n’abandi barimo abashoramari bashinjwa guhonyora uburenganzira bwa muntu n’amavugurura ataravuzweho rumwe mu isaranganya ry’ubutaka mu gihe cy’ubutegetsi bwa nyakwigendera, Robert Mugabe.

Nyuma y’aho Perezida Emmerson Dambudzo Mnangagwa w’imyaka 77 agereye ku buyobozi mu myaka ibiri ishize, yasezeranyije Abanya-Zimbabwe kuzahura umubano n’ibindi bihugu mu bya dipolomasi wasaga naho wasinziriye.

Uretse Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi wafatiye Zimbabwe ibihano, ibihugu birimo u Bwongereza na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na bo bari mu bafatiye Zimbabwe ibihano birimo kubuzwa ubucuruzi bw’intwaro n’imfashanyo y’ibyo bihugu itanyuze mu miryango itegamiye kuri Leta.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziherutse kongerera Zimbabwe andi mezi 12 ku bihano zayifatiye mu 2003. Zimbabwe n’abayobozi bayo 76 bafatiwe ibihano, nyuma yo gushinja Leta ya Robert Mugabe igitugu, akarengane no kugirira nabi abatavuga rumwe na yo.

Perezida Emmerson Dambudzo Mnangagwa w’imyaka 77 kuva yagera ku butegetsi mu myaka ibiri ishize yatangiye kuzahura umubano n’ibindi bihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages