00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ethiopia: Abitwaje intwaro bashimuse abarenga 50 bagendaga muri bisi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 20 March 2025 saa 02:45
Yasuwe :

Abagabo bitwaje intwaro bashimuse abantu babarirwa muri 50 bari muri bisi yavaga i Addis Abeba yerekeza mu mujyi wa Debre Markos.

Agace ka Ali Doro bashimutiwemo kigeze no gushimutirwamo abanyeshuri 100 ba kaminuza bavaga iwabo batashye.

Mbere yo gushimuta bamwe, habanje imirwano hagati y’abo barwanyi n’abashinzwe umutekano bo mu gace ka Oromia.

Abarokotse iki gitero n’abatuye mu gace bashinje inyeshyamba zo mu mutwe wa Oromia Liberation Army ko ari zo zabashimuse ariko zibitera utwatsi.

BBC yanditse ko hari bisi zirenze imwe zagabweho igitero, haba imirwano yaguyemo umuntu umwe mu gihe abarenga 50 bashimuswe.

Umutwe wa OLA uvuga ko urwanira ubwoko bw’aba Oromo, mu gihe Guverinoma ya Ethiopia yo ifata uyu mutwe nk’uw’iterabwoba.

Umutwe wa OLA washyizwe mu majwi ariko urabihakana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .