Ni icyemezo cyababaje imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ivuga ko gushyigikira iyo gahunda ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ari uguhonyora uburenganzira bwa muntu.
Umuryango uharanira uburenganzira bwa Muntu, Human Right Watch, wagaragaje ko wabonye inyandiko z’ibikubiye muri aya masezerano zivuga ko Eswatini yahawe miliyoni 5,1 $ kugira ngo yakire abimukira birukanwe 160.
Minisitiri w’Imari muri iki gihugu, Neal Rijkenberg, yemeje ko ayo mafaranga yakiriwe koko gusa agaragaza ko ayo masezerano nta makuru yari ayafiteho.
Ati “Twabwiwe ko ari ay’abantu birukanwe muri Amerika twakiriye.”
Ku rundi ruhande umuvugizi wa guverinoma, Thabile Mdluli, yavuze ko ayo mafaranga ari ayo gufasha urwego rwa Eswatini rushinzwe kurwanya no gukumira ibiza (NDMA), n’ubwo iyo NDMA yo igaragaza ko nta burenganzira bwo gukoresha aya mafaranga ifite.
Iki cyemezo cyagiweho impaka cyane, dore ko hari n’imiryango imwe yajyanye guverinoma mu nkiko kugira ngo urukiko rutegeko ko icyo cyemezo cyo kwakira abirukanwe giteshwa agaciro.
Iyi miryango igaragaza ko abo bantu bashobora guteza ibibazo by’umutekano muke, gusa guverinoma ivuga ko bafungiye ahantu hatekanye kandi batazatinda mu gihugu kuko bazahita boherezwa mu bihugu by’iwabo.
Kugeza ubu Eswatini yakiriye abirukanwe 15 baje mu byiciro bibiri, ndetse umwe yamaze koherezwa iwabo muri Jamaica.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!