Lt Mdluli yirashe ku wa 26 Matya 2026, habura amasaha make ngo Umwami Mswati atangire kuyobora umunsi wahariwe umuco wahuriranye n’ibi birori, bikaba bikekwa ko yabitewe n’umushahara muke ahembwa kuko ngo yari asanzwe awinubira.
Umuntu wa hafi mu muryango wa Lt Mdluli yatangarije ikinyamakuru Swaziland News ati “Ntabwo tuzi impamvu yatumye yiyahura ari yari asanzwe yinubira umushahara muke.”
Lt Mdluli yari asanzwe mu mutwe w’ingabo zishinzwe kurinda umutekano w’Umwami Mswati III n’Umugabekazi Ntombi Tfwala. Mbere y’uko ibirori bitangira, yari yashyizwe mu itsinda ririnda abashyitsi bagombaga kubyitabira.
Abakuru b’ibihugu bitabiriye ibi birori barimo Umwami Letsie III wa Lesotho, Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, Daniel Chapo wa Mozambique na Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!