00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ejo tuzitwa intwari n’abacunguzi-Freddy Kaniki wa M23 ku babatwerera u Rwanda

Yanditswe na IGIHE
Kuya 3 July 2025 saa 10:46
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’ihuriro AFC/M23 bwahakanye ibivugwa muri raporo y’impuguke za Loni n’imiryango mpuzamahanga ko baterwa inkunga n’u Rwanda, buhamya ko mu minsi iri imbere bazaba bitwa abacunguzi b’abanye-Congo nubwo byose byatangiye babita Abanyarwanda.

Umutwe wa M23 wubuye imirwano mu mpera za 2021 ugamije guharanira uburenganzira bw’abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda bahohoterwaga, bakicwa byanaviriyemo benshi guhungira mu bice bitandukanye by’Isi.

Mu bihe bitandukanye guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagiye ivuga ko ari Abanyarwanda bayiteye ndetse idateze kuganira na bo ariko nyuma iza kwemera ko ari abanye-Congo bafashwa n’u Rwanda.

Amahanga na yo yaguye muri uwo mutego wo gukomeza kuvuga ko M23 ifashwa n’u Rwanda nyamara rwabihakanye kenshi runatanga ibimenyetso bigaragaza ukuri kwarwo.

Freddy Kaniki Rukema usanzwe ari Visi Perezida w’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa RDC ushinzwe ubukungu n’imari ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa 3 Nyakanga 2025, yavuze ko mu bihe biri imbere abababonaga mu isura y’abafashwa n’u Rwanda bazabita intwari.
Ati “Mu minsi yashize twese twitwaga Abanyarwanda, ngo twateye igihugu cya Congo, uyu munsi turi abanye-Congo ariko u Rwanda ruri kudufasha. Ejo tuzaba turi intwari n’abacunguzi b’abanye-Congo.”

M23 ikimara kwigarurira ibice bingana na kilometero kare zirenga ibihumbi 30 yahasubije amahoro ku buryo abaturage bahise basubira mu byabo, batangira urugendo rwo kwiyubaka.

Kaninki yavuze ko mu biganiro bagiye kujyamo i Doha muri iyi minsi biteze ko Guverinoma ya RDC izabareka bagakomeza kuyobora no guteza imbere abatuye mu bice byose bigaruriye.

Abayobozi ba AFC/M23 bahamya ko mu bihe bizaza bazitwa abacunguzi b'abanye-Congo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .