Nyuma y’uko Perezida Kabore avanywe ku butegetsi, ECOWAS yamaganye ibyo bikorwa ivuga ko bihabanye n’Itegeko Nshinga ry’icyo gihugu, amakuru akavuga ko iyi nama y’igitaraganya izaba igamije kwiga ku bihano bishobora gufatirwa abahiritse ubutegetsi muri Burkina Faso, nk’uko byagenze ku babuhiritse muri Mali na Guinea mu mezi 19 ashize.
Ku ruhande rumwe, amakuru avuga ko ibihugu bimwe muri ECOWAS byifuza ko uyu Muryango washyira imbaraga mu biganiro n’abasirikare bafashe ubutegetsi muri Mali, Guinea na Burkina Faso, ibi bikaba biri mu rwego rwo kumva ibyifuzo byabo no kudatererana ubutegetsi bwabo mu gihe bagaragaza inyota yo kubusubiza mu maboko y’abasivile.
Icyakora hari abavuga ko kujenjekera ibikorwa nk’ibi by’ihirikwa ry’ubutegetsi bimaze kwiyongera muri Afurika y’u Burengerazuba, bishobora gutanga ubutumwa bubi no mu bindi bihugu, bityo bigatiza umurindi iyi migirire. Iyi nama itegerejwe kuri uyu wa Gatanu aho izakorwa mu buryo bw’ikoranabuhanga.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!