00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ebola yageze i Goma

Yanditswe na IGIHE
Kuya 17 May 2026 saa 12:36
Yasuwe :

Kuri iki Cyumweru tariki 17 Gicurasi 2026, Umujyi wa Goma uri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragayemo umurwayi wa Ebola.

Ni amakuru yatangajwe n’Umuyobozi w’Ikigo cya RDC gishinzwe ubushakashatsi mu by’ubuvuzi, Professor Jean Jacques Muyembe.

Muyembe yavuze ko umurwayi wagaragaye i Goma ari umugore w’umugabo uherutse kwicwa na Ebola mu gace ka Bunia.

Ati “Umurwayi wagaragaye i Goma byaturutse ku bipimo byafashwe na laboratoire. Ni umugore w’umugabo wishwe n’iyi virusi muri Bunia, wagiye i Goma nyuma y’urupfu rw’umugabo we.”

Aya makuru aje nyuma y’amasaha make u Rwanda ruhagaritse ingendo ziva n’izigana muri uyu mujyi wa Goma, ku batuye mu Mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko icyorezo cya Ebola cyongeye kugaragara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, gihangayikishije ku rwego rw’Isi.

Mu butumwa Umuyobozi Mukuru wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus yashyize hanze kuri iki Cyumweru, yavuze ko muri ibi bihugu abamaze kwandura Ebola barenga 300, mu gihe abo yishe ari 88.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages