Denis Sassou Nguesso wari uhanganye n’abandi bakandida batandatu, yakurikiwe na Mabio Mavoungou Zinga w’imyaka 69 wagize amajwi 1,48%. Uyu mugabo yabaye mu Nteko Ishinga Amategeko ya Congo-Brazzaville.
Ni amakuru yatangajwe na Televiziyo y’Igihugu muri Congo-Brazzaville, ibituma Nguesso w’Ishyaka rya Congolese Labour Party, akomeza kuguma ku butegetsi amazeho imyaka hafi 38.
Amatora muri Congo- Brazaville yabaye ku wa 15 Werurwe 2026.
Abatsinzwe mu matora bafite iminsi itanu yo kujurira hanyuma ubujurire bukigwaho n’Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga, mu minsi 15 mbere y’uko ibyavuye mu matora byemezwa burundu.
Nguesso wahoze mu ngabo zirwanira mu kirere yagiye ku butegetsi mu 1979. Yatakaje ubuyobozi mu 1992 ariko yongera kujya ku butegetsi mu 1997 nyuma y’intambara.
Mu 2015 muri Congo-Brazaville hahinduwe itegeko nshinga, hakurwaho inshuro perezida agomba kuyobora ndetse n’ibijyanye n’imyaka, bituma yemererwa kongera kwiyamamariza kuyobora iki gihugu muri manda eshatu z’imyaka itanu.
Congo-Brazzaville iherereye muri Afurika yo Hagati, aho ihana imbibi na Gabon, Cameroun, Repubulika ya Centrafrique na Repubulika Ihanarina Demokarasi ya Congo.
Iri ku buso bwa kilometero kare 342.000 ikabarirwa abaturage barenga miliyoni esheshatu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!