Abaperezida b’ibyo bihugu bavuze ko abaminisitiri babyo bazongera kugira aho bajya ari uko bahawe andi mabwiriza.
Iki cyorezo cyadutse mu Bushinwa mu mpera za 2019 kugeza ubu kimaze kwica abarenga 3800 ku Isi naho abarenga ibihumbi 108 mu bihugu birenga 90 bamaze kucyandura.
Ku wa 4 Werurwe 2020, mbere gato y’inama y’abaminisitiri muri Côte d’Ivoire, Perezida Alassane Ouattara, yabahaye amabwiriza ko batemerewe kuramukanya bahererekanyije ibiganza nk’uko byari bisanzwe.
Minisitiri w’Ubuzima muri Benin, Benjamin Hounkpatin aheruka gusabwa kuguma mu biro bye amasaha 24/24, icyo akeneye bakakimusangishaho nk’uko inkuru ya Jeunne Afrique ibivuga.
Ibindi bihugu birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gabon, Mauritanie, Burkina Faso, Guinée, Togo na Cameroun iheruka guhabwa ibikoresho byo gukumira iki cyorezo na Koreya y’Epfo, byakajije ingamba ku bibuga by’indege byabyo.
Si byo gusa kuko n’ibindi bihugu muri Afurika biryamiye amajanja mu gukumira ko iki cyorezo kiri gukwirakwira ku muvuduko udasanzwe ko cyagerayo.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente aheruka gusaba abanyarwanda kudateshuka ku mabwiriza bahawe yo kwirinda no gukukira iki cyorezo arimo kutongera guhererekanya ibiganza baramukanya, kudakorera ingendo zitari ngombwa mu bihugu iki cyorezo cyagaragayemo, gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune n’ibindi.
U Rwanda rwanashyizeho itsinda rishinzwe gusesengura no gukurikirana uko igihugu cyiteguye gukumira no guhangana n’icyo cyorezo aho kugeza ubu rivuga ko nta muntu uragaragaraho iki cyorezo.



















TANGA IGITEKEREZO