00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Coronavirus yatumye Abaperezida bamwe muri Afurika babuza abaminisitiri gukora ingendo no guhererekanya ibiganza

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 9 March 2020 saa 11:12
Yasuwe :

Perezida wa Benin, Patrice Talon, Denis Sassou Nguesso wa Repubulika y Congo, Macky Sall wa Senegal na Alassane Ouattara Côte d’Ivoire babujije abaminisitiri b’igihugu byabo kongera gukora ingendo, kuramukanya bahererekanyije ibiganza, banategeka gukaza ingamba ku bibuga by’indege mu gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus.

Abaperezida b’ibyo bihugu bavuze ko abaminisitiri babyo bazongera kugira aho bajya ari uko bahawe andi mabwiriza.

Iki cyorezo cyadutse mu Bushinwa mu mpera za 2019 kugeza ubu kimaze kwica abarenga 3800 ku Isi naho abarenga ibihumbi 108 mu bihugu birenga 90 bamaze kucyandura.

Ku wa 4 Werurwe 2020, mbere gato y’inama y’abaminisitiri muri Côte d’Ivoire, Perezida Alassane Ouattara, yabahaye amabwiriza ko batemerewe kuramukanya bahererekanyije ibiganza nk’uko byari bisanzwe.

Minisitiri w’Ubuzima muri Benin, Benjamin Hounkpatin aheruka gusabwa kuguma mu biro bye amasaha 24/24, icyo akeneye bakakimusangishaho nk’uko inkuru ya Jeunne Afrique ibivuga.

Ibindi bihugu birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gabon, Mauritanie, Burkina Faso, Guinée, Togo na Cameroun iheruka guhabwa ibikoresho byo gukumira iki cyorezo na Koreya y’Epfo, byakajije ingamba ku bibuga by’indege byabyo.

Si byo gusa kuko n’ibindi bihugu muri Afurika biryamiye amajanja mu gukumira ko iki cyorezo kiri gukwirakwira ku muvuduko udasanzwe ko cyagerayo.

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente aheruka gusaba abanyarwanda kudateshuka ku mabwiriza bahawe yo kwirinda no gukukira iki cyorezo arimo kutongera guhererekanya ibiganza baramukanya, kudakorera ingendo zitari ngombwa mu bihugu iki cyorezo cyagaragayemo, gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune n’ibindi.

U Rwanda rwanashyizeho itsinda rishinzwe gusesengura no gukurikirana uko igihugu cyiteguye gukumira no guhangana n’icyo cyorezo aho kugeza ubu rivuga ko nta muntu uragaragaraho iki cyorezo.

Coronavirus imaze guhitana abarenga 3800 mu bihugu bitandukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages