00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Congo Brazzaville yakuriyeho Abanyafurika bose Visa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 26 May 2026 saa 09:47
Yasuwe :

Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso yatangaje ko abaturage bose ba Afurika bagiye kujya binjira mu gihugu batagombye gusaba Visa, iki cyemezo kikazatangira kubahirizwa ku wa 1 Mutarama 2027.

Iki cyemezo yagitangaje ku wa 25 Gicurasi 2026, mu muhango wo kwizihiza umunsi wa Afurika.

Ati “Mfashe uyu mwanya ngo ntangaze ko kuva ku wa 1 Mutarama 2027, kwinjira muri Repubulika ya Congo ntibizongera gusaba Visa ku Banyafurika bose.”

Muri Gicurasi 2026 kandi Togo yatangaje ko yakuriyeho Abanyafurika bose gusaba Visa bagiye kwinjira muri iki gihugu.

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé, yafashe icyemezo cyo gukuriraho Abanyafurika bose Visa, mu gihe bateganya kumara mu gihugu cye iminsi itarenze 30.

Ni mu gihe u Rwanda rwo rumaze imyaka myinshi rwarakuriyeho Abanyafurika bose kubanza gusaba Visa mbere yo kwinjira mu gihugu.

Perezida Sassou Ngueso yakuriyeho Abanyafurika bose Visa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages