00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Centrafrique: Mu myanya 140 y’abagize Inteko Ishinga Amategeko, 22 nibo batowe

Yanditswe na

Denyse Umukunzi

Kuya 16 January 2016 saa 07:43
Yasuwe :

Urwego rushinzwe amatora muri Centrafrique rwashyize ahagaragara amajwi y’agateganyo yavuye mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko icyiciro cya mbere, aho abadepite 22 gusa ari bo batowe mu myamya 140.

Abakandida barenga igihumbi nibo bari biyamamarije iyi myanya 140 mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko, amajwi y’agateganyo agaragaza ko abadepite 22 ari bo batowe mu cyiciro cya mbere cy’ayo matora, ibi bikaba ngo biterwa nuko mu gihe cy’amatora, mu Ntara zimwe na zimwe hagiye hagaragara ibibazo bitandukanye birimo kubura amakarita y’itora, gutinda kuhagera kw’ibikoresho by’itora, abaturage bajyaga aho bibarurije bagasanga atariho amakarita yabo ari, imirongo miremire y’abategereje gutora n’ibindi.

RFI yavuze ko ibitaragenze neza mu matora ari byo Inteko ishinzwe Itegeko Nshinga muri iki gihugu izashingiraho mu matora y’icyiciro cya kabiri ateganyijwe kuba ku wa 31 Mutarama 2016.

Hari impungenge ku kubahiriza itariki amatora y’icyiciro cya kabiri agomba kuberaho, kuko urwego rw’igihugu rushinzwe amatora (ANE) rwavuze ko rutegereje kumva imyanzuro y’Inteko ishinzwe Itegeko Nshinga.

Kugeza ubu mu bahatanira umwanya w’umukuru w’igihugu, Anicet Georges Dologuélé, uhagarariye ishyaka URCA (Union pour le Renouveau Centrafricain) aza ku mwanya wa mbere n’amajwi 23,78% aho akurikiwe na Faustin Archange Touadéra, ufite amajwi 19,42%.

Ku wa Gatatu tariki ya 30 Ukuboza 2015, ni bwo Abanya-Centrafrique bazindukiye mu gikorwa cyo gutora Umukuru w’Igihugu cyabo, ndetse n’abagize Inteko Ishinga Amategeko.

Aya matora agamije kuvana igihugu mu bihe bibi by’imvururu kimazemo imyaka itatu, kuva Perezida François Bozizé yahirikwa ku butegetsi ku wa 24 Werurwe 2013.

Muri Centrafrique, mu myanya 140 y’abagize Inteko Ishinga Amategeko, 22 nibo batowe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages