00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Centrafrique: Dologuélé ku isonga mu bahatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu

Yanditswe na

Denyse Umukunzi

Kuya 9 January 2016 saa 07:46
Yasuwe :

Urwego rw’igihugu rushinzwe amatora(ANE) muri Centrafrique rwashyize ahagaragara amajwi y’agateganyo yavuye mu matora y’icyiciro cya mbere aho Anicet Georges Dologuélé uhagarariye ishyaka URCA(Union pour le Renouveau Centrafricain) aza ku mwanya wa mbere n’amajwi 23,78%.

Akurikiwe na Faustin Archange Touadéra, ufite amajwi 19,42%, bombi bakaba barigeze kuba ba Minisitiri b’Intebe muri Centrafrique ku ngoma ya Perezida François Bozizé, wahiritswe ku butegetsi mu mwaka wa 2013.

Nyuma y’uko hatangajwe by’agateganyo amajwi yavuye mu matora, Dologuélé yatangaje ko ari mu nzira yo gutsinda kandi azakora ibishoboka byose akabigeraho, anongeraho kandi ko uzatsinda ariwe uzaba afite abamushyigikiye benshi.

Hari abakandida batunguranye bagize amajwi make barimo Jean-Serge Bokassa ufite 6,66% na Karim Meckassoua wagize 3% wiyamamaje nk’umukandida wigenga.

Mu minsi ishize nibwo ANE yatangaje ko 64% by’amajwi yari amaze kubarurwa mu Mujyi wa Bangui, ni ukuvuga amajwi 130.000 yagaragazaga ko Touadéra ari imbere y’abo bahanganye.

Ku wa Gatatu tariki ya 30 Ukuboza 2015, Abanya-Centrafrique bazindukiye mu gikorwa cyo gutora Umukuru w’Igihugu cyabo, ndetse n’abagize Inteko Ishinga Amategeko.

Aya matora agamije kuvana igihugu mu bihe bibi by’imvururu kimazemo imyaka itatu, kuva Perezida Bozizé yahirikwa ku butegetsi.

Biteganyijwe ko amatora y’icyiciro cya kabiri azaba ku wa 31 Mutarama 2016.

Anicet Georges Dologuélé niwe uhabwa amahirwe yo kwegukana umwanya wa Perezida wa Centrafrique

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages