Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, byatangaje ko Biya yatashye nyuma y’iminsi 74 yari amaze atari mu gihugu.
Kumara igihe kirenga amezi abiri ari hanze y’igihugu byatumye havugwa byinshi ku buzima bwe ndetse binongera impaka ku miyoborere y’igihugu.
Perezida Paul Biya, ufite imyaka 93 y’amavuko akaba ari na we mukuru mu bayobozi b’ibihugu ku Isi, yageze ku butegetsi kuva mu 1982.
Yageze ku kibuga cy’indege cya Yaoundé ahagana Saa Kumi z’umugoroba ku isaha ya ngengamasaha (GMT) avuye i Genève mu Busuwisi, aho yagiye kuva ku wa 7 Kamena.
Ageze ku kibuga cy’indege cya Yaoundé, Paul Biya yagiye mu modoka, asuhuza abantu bagiye kumwakira, azunguza ikiganza abinyujije mu idirishya ry’imodoka ryari rifunguyeho gato.


















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!