00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burundi: Umujyanama wa Perezida Nkurunziza yarusimbutse

Yanditswe na

Robert Musafiri

Kuya 27 November 2015 saa 01:35
Yasuwe :

Umwe mu bajyanama ba Perezida w’u Burundi Pierre Nkurunziza yarusimbutse nyuma yo kugabwaho igitero ubwo yari avuye iwe mu gace ka Kajaga mu Ntara ya Bujumbura rurale.

Nk’uko amakuru atangazwa na BBC abivuga, Zenon Ndaruvukanye, umwe mu bajyanama ba Perezida Nkurunziza yatezwe n’abantu bitwaje intwaro barasa imodoka yari imutwaye, umupolisi wari umurinze ahasiga ubuzima ariko we ararusimbuka.

Abagabye iki gitero bahise bahungira mu isoko ryitwa Kotebu riri mu Ntara ya Bujumbura rurale ariko basiga imodoka barimo yo mu bwoko bwa Toyota Hilux. Polisi y’iki gihugu ivuga ko yafashe babiri undi umwe abasha guhunga.

Igipolisi cy’u Burundi kandi cyavuze ko muri iyi modoka basanzemo imbunda zo mu bwoko bwa Kalashnikov, mitrailleuse, rokete ndetse na za gerenade.

Babiri bafashwe bahise bajya kwerekana aho babika ibirwanisho mu gace ka Kinindo mu Mujyi wa Bujumbura ahasanzwe imbunda nyinshi zikomeye ndetse n’imyenda ya gisirikare.

Kuva mu kwezi kwa kane mu Burundi hatangiye imvururu zishingiye kuri manda ya gatatu ya Perezida Pierre Nkurunziza itaravugwagaho rumwe. Abarenga 200 bamaze gupfa naho abandi benshi bahunze igihugu.

Abagabye igitero bahunze basiga imodoka irimo izindi mbuda
Babiri bafashwe berekanye ububiko bw'imbunda ahitwa mu Kinindo
Barashe ku modoka yarimo Umujyanama wa Perezida ariko ararusimbuka ariko umupolisi umurinda ahasiga ubuzima

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages