00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burundi: Abanyamakuru ba Bonesha FM bakubiswe bikomeye n’Imbonerakure

Yanditswe na

Bukuru JC

Kuya 28 April 2015 saa 02:53
Yasuwe :

Abanyamakuru ba Radiyo Bonesha FM mu Burundi bakubiswe bikomeye n’itsinda ry’urubyiruko ruzwi nk’Imbonerakure rwari rwitwaje imbunda n’imihoro mu gihe umuyobozi wa Komine yari hafi arebera.

Aba banyamakuru bakubitiwe muri Komine ya Kanyosha mu gihe barimo bakurikirana uko imyigaragambyo yo kwamagana manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza yarimo igenda.

Umwe mu banyamakuru bakubiswe Eloge Willy Kaneza, yatangaje ko urwo rubyiruko rw’Imbonerakure rwaje rwitwaje intwaro n’ubuhiri burimo imisumari ruvuye ahitwa Ruziba.

Bivugwa ko rwari rwoherejwe na Adolphe Nshimirimana wahoze ukuriye urwego rw’iperereza.

Uru rubyiruko ngo rwashakaga kwica aba banyamakuru dore ko rwabakurikiranye kugeza ubwo rufunze inzira rukabakubita.

Usibye gukubita abanyamakuru Eloge Willy Kaneza, Andre Gakuba na Gildas Yihundimpundu, Imbonerakure zakubise n’umwana muto w’imyaka 10.

Bivugwa ko aba banyamakuru bakubiswe umuyobozi wa Komine Kanyosha ari hafi arebera.

Usibye kuba aba banyamakuru bakubiswe bikomeye n’Imbonerakure, ibinyamakuru bitandukanye birimo Radiyo RPA byarafunzwe.

RPA yafunzwe kuri uyu wa mbere aho ishinjwa na Leta gukangurira abantu kujya mu myigarambyo no kuba ikorana n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Eloge Willy Kaneza, Umwe mu banyamakuru bakubiswe n’Imbonerakure

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages