Lougue yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ko aba bantu basanzwemo Coronavirus ubwo bari bagarutse mu gihugu nyuma y’ibiruhuko bagiriraga mu Bufaransa.
Burkina Faso ibaye igihugu cya munani muri Afurika kigaragayemo abantu barwaye Coronavirus nyuma ya Nigeria, Afurika y’Epfo, Cameroon, Togo, Sénégal, Algeria, Maroc na Misiri yo imaze no gupfusha umuntu umwe.
Kugeza uyu munsi ku Isi hose Coronavirus imaze guhitana abarenga ibihumbi bine mu gihe abamaze kuyandura bo bageze ku bihumbi 110, aho ubu yiganje mu Butaliyani, Koreya y’Epfo no mu Bushinwa aho yatangiriye.



















TANGA IGITEKEREZO