00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burkina Faso, Mali na Niger byavuye muri ICC

Yanditswe na IGIHE
Kuya 23 September 2025 saa 08:57
Yasuwe :

Burkina Faso, Mali na Niger byatangaje ko byikuye mu bihugu byemera Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), birushinja kuba igikoresho cyifashishwa n’amahanga mu bukoloni bushya.

Mu itangazo ibi bihugu byashyize hanze, byavuze ko iki cyemezo kivuze ko nta mwanzuro cyangwa ububasha bwa ICC bizongera kwemera.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko “ICC yagaragaje ko idafite ububasha bwo kuburanisha ibyaha by’intambara bigaragarira buri wese, ibyibasira ikiremwa muntu, ibya Jenoside ndetse n’ibyaha by’ubushotoranyi.”

Abayobozi b’ibi bihugu bashinje ICC kwibasira ibihugu bidafite imbaraga cyane cyane ibyo ku Mugabane wa Afurika.

ICC ni Urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye rwashinzwe mu 2002 kugira ngo rukurikirane ibyaha bya Jenoside, ibyibasira ikiremwa muntu n’ibyaha by’intambara n’ubushotoranyi.

Mu bihe bitandukanye abayobozi ba Afurika bagiye banenga imikorere y’uru rukiko bashinja kubibasira, nyamara rugakorera mu kwaha kw’Abanya-Burayi n’Abanyamerika.

Abayobozi ba Mali, Niger na Burkina Faso bafashe icyemezo cyo kwikura muri ICC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages