Mu itangazo ibi bihugu byashyize hanze, byavuze ko iki cyemezo kivuze ko nta mwanzuro cyangwa ububasha bwa ICC bizongera kwemera.
Iri tangazo rikomeza rivuga ko “ICC yagaragaje ko idafite ububasha bwo kuburanisha ibyaha by’intambara bigaragarira buri wese, ibyibasira ikiremwa muntu, ibya Jenoside ndetse n’ibyaha by’ubushotoranyi.”
Abayobozi b’ibi bihugu bashinje ICC kwibasira ibihugu bidafite imbaraga cyane cyane ibyo ku Mugabane wa Afurika.
ICC ni Urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye rwashinzwe mu 2002 kugira ngo rukurikirane ibyaha bya Jenoside, ibyibasira ikiremwa muntu n’ibyaha by’intambara n’ubushotoranyi.
Mu bihe bitandukanye abayobozi ba Afurika bagiye banenga imikorere y’uru rukiko bashinja kubibasira, nyamara rugakorera mu kwaha kw’Abanya-Burayi n’Abanyamerika.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!